IGIHE MBONEZAMATEKA: UBUBILIGI MU RWANDA

  1. U Rwanda ntirwigeze rugira ubwicanyi hagati y’abaturage barwo mbere y’ubukoloni bw’Abadage, bwakurikiwe n’ubw’ Ababiligi. Nyuma y’Inama ya Berlin yabaye kuva mu Ugushyingo 1884 kugeza muri Gashyantare 1885, hashyizweho Amasezerano rusange y’igabana ry’Afurika hagati y’ibihugu by’iburengerazuba. U Rwanda rwagenewe kuba mu gace kagenzurwaga n’u Budage. Nyuma yaho, u Budage, u Bwongereza, n’Ububiligi bemeranyije kugabanya imipaka y’u Rwanda, bagena ko ibice byarwo byomekwa kuri Congo Mbirigi no ku Buganda.

  2. Mu mwaka wa1924, ndetse no muri 1946, Umuryango w’Ibihugu (SDN) n’Umuryango w’Abibumbye (ONU) wemeje ko Ububiligi bushinzwe kuyobora u Rwanda nk’ indagizo, buhabwa inshingano zo kuzamura iterambere rya politiki, ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, kubahiriza uburenganzira bwa bose nta vangura iryo ari ryo ryose, no kubaha ubushobozi bwo kwiyoborera inzego, cyangwa kubaha ubwigenge. Ariko siko byagenze mu Rwanda, Ububiligi bwahise bushyiraho politiki ishingiye ku macakubiri, binyuranye n’izi ngingo z’amategeko.

  3. Mu mwaka wa 1916, Ububiligi bwatsinze u Budage ku rugamba rwo kwigarurira u Rwanda. Guhera muri 1917, Ububiligi bwatangiye impinduka zikomeye mu miyoborere y’umwimerere y’u Rwanda. Bwazanye amategeko akaze y’akazi harimo ibihano bikarishye (ikiboko, iyicarubozo, …), gushyira Abanyarwanda  mu byiciro by’amoko, gukura ku buyobozi abatware b’Abahutu n’Abatwa, gutanga indangamuntu zanditsemo ubwoko, gukura ku Ngoma Umwami Musinga agacirwa muri Kongo Mbirigi aho yatangiye, (umugogo we nturaboneka kugeza ubu), kwimika umuhungu we Rudahigwa, no kumwica bamuroze muri Nyakanga 1959 nyuma y’uko yari atangiye gusaba ubwigenge bw’u Rwanda. Ububiligi bwashinze kandi ishyaka rishingiye ku ivangura, PARMEHUTU, ndetse burarishyigikira kugira ngo rize ku butegetsi, binyuze mu bwicanyi bwateguwe bwibasiye Abatutsi kuva ku itariki ya 2 Ugushyingo 1959. Mu gukomeza gushyigikira iryo shyaka, Ububiligi bwohereje Colonel Guy Logiest i Rwanda bamuha ububasha bwose bwo kuyobora igihugu.

  4. Ububiligi bumaze kwemeza ko PARMEHUTU ifite ubutegetsi budahangarwa, bwahaye u Rwanda ubwigenge muri Nyakanga 1962, ariko ntibyigeze bizana amahoro n’umutekano. Igihugu cyari kimaze imyaka ine (1959-1962) mu bwicanyi butigeze buhanwa harimo ubwicanyi bwakorewe Abatutsi barenga 2,000 muri Byumba muri Werurwe 1962. Mu Ukuboza 1963, Ububiligi bwagize uruhare  mu itegurwa rya Jenoside yari igamije kurimbura Abatutsi. Abadipolomate, Abamisiyoneri, Abakozi b’Ubutwererane Mpuzamahanga, itangazamakuru ry’Abafaransa, Ababiligi n’Abongereza, ndetse na Vatikani, bise ububwicanyi jenoside:

    • “Real Genocide in Rwanda” (Tribune de Lausanne, February 12, 1964)

    • “Are We Complicit in Genocide?” (Pourquoi Pas, February 7, 1964)

    • “‘Genocide’ Charge in Rwanda – U.N. Plans to Assist Refugees” (The Times, February 3, 1964)

    • “Rwanda Policy of Genocide Alleged” (The Times, February 16, 1964)

    • “Batutsi: Are They Victims of Genocide?” (The Washington Post, Times Herald, February 16, 1964), etc.

  5. Ku itariki ya 7 Gashyantare 1964, Leta y’Ububiligi yemeye ko habaye "kurimbura Abatutsi" ndetse igaragaza impungenge ko abasirikare bayo bari muri Rwanda bashoboraga gukurikiranwa ku ruhare bagize muri iyo jenoside. Igisirikare cya Leta y’u Rwanda, cyari kigizwe n’Abahutu gusa, cyashyizweho n’Ububiligi ari nacyo cyakoraga ubwo bwicanyi bw’Abatutsi, kikaba cyarayoborwaga n’abasirikare b’Ababiligi nabo bari bayobowe na Major Turpin. Mu mwaka wa 1973, nyuma y’uko Juvénal Habyarimana afashe ubutegetsi, Ububiligi bwakomeje ubufatanye na guverinoma ye bwirengagije ukuntu Leta ya Habyarimana itari yitaye ku burenganzira bwa muntu bwarushijeho guhonyorwa, cyane cyane ku kibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda zahatiwe kuguma hanze y’igihugu cyazo.

  6. Mu kwezi kw’Ukwakira 1990, Ububiligi bwohereje umutwe w’abasirikare 500 gufasha ubutegetsi bw’ u Rwanda, hamwe n’Ubufaransa na Zaire. Mu 1993, nyuma yo gusinywa kw’Amasezerano y’amahoro ya Arusha, Ububiligi bwohereje abasirikare 450 muri MINUAR (UNAMIR). Kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 1994, inzego z’ubutasi z’Ububiligi zari muri MINUAR ndetse na Ambasade y’Ububiligi i Kigali bari bafite amakuru y’ingenzi yerekeye itegurwa rya jenoside. N’ubwo ibihe byari bimeze gutyo, amashyaka ya politiki y’Ububiligi yakomeje kugaragaza ko  ashyigikiye MRND hagati ya 1990 na 1994, ndetse nyuma ya jenoside, uko gushyigikira MRND kwakomereje mu nkambi z’impunzi muri Zaire no mu Bubiligi.

  7. Ku itariki ya 7 Mata 1994, Ububiligi bwafashe icyemezo cyo gukura abasirikare babwo mu Rwanda, bikaba byaraciye intege MINUAR. Kuri iyo tariki, bwatangije ubukangurambaga bukomeye bwo gusaba ko MINUAR iseswa, (nk’uko bukomeje kubigenza na n’ ubu mu 2025), bugamije ko yose ivanwa mu Rwanda. Ku itariki ya 11 Mata, abasirikare b’Ababiligi basize impunzi zirenga 2,000 muri ETO Kicukiro, aho zahise zirimburwa n’Interahamwe n’igisirikare cya Leta. Ku gitutu cy’Ububiligi, ku itariki ya 21 Mata 1994, Akanama k’Umutekano ka ONU kahisemo gukura MINUAR mu Rwanda, bya nyirarureshwa, hasigara abasirikare 270 gusa batari bafite ubushobozi bwo kurinda abicwaga.

  8. Mu mwaka wa 1997, Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi yemeye uruhare rw’Ububiligi mu gutererana abaturage bari mu kaga. Ku itariki ya 7 Mata 2000, Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi Guy Verhofstadt yasabye imbabazi ku mugaragaro, mu muhango wo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi wabereye i Kigali.U Rwanda rwizeye ubwo bushake bw’Ububiligi, rugirana nabwo ubufatanye n’ ubutwererane  mu nzego zitandukanye, n’ ubwo rwakomeje gukurikiranira hafi imikoranire y’Ububiligi n’ ubutegetsi  bwatsinzwe.

  9. Icyemezo 2150 (2014) cyemejwe n’Akanama k’Umutekano ka ONU ku itariki ya 16 Mata 2014 gisaba ibihugu bigize ONU “kwigira ku masomo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994”; “gukomeza kwamagana ipfobya n’ihakana ry’iyo jenoside”; “gusaba ibihugu gushyira muri gahunda z’uburezi,  imyigishirize y’amateka ya jenoside ku rubyiruko, kugira ngo bitazongera kubaho ukundi. Iki cyemezo cyanasabye ibihugu gukurikirana, gufata, kuburanisha cyangwa kohereza mu butabera,nk’ uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga, abagize uruhare muri Jenoside, harimo n’abayobozi ba FDLR, bari ku butaka bw’ ibyo bihugu.

  10. Ububiligi ntibwubahiriza iri teka. Ubu ni cyo gihugu cy’i Burayi kiri ku isonga mu gutera inkunga imiryango ihakana jenoside, binyuze mu ngengo y’imari ya Leta. N’ubwo bwaburanishije bamwe mu bakekwaho jenoside, bukomeje politiki idakwiye yo kwanga u Rwanda, bugaragaza uruhande rweruye ku nyungu za Leta ya DRC, no kwirengagiza umugambi wa jenoside wa FDLR, umutwe w’iterabwoba uhungabanya amahoro n’umutekano by’u Rwanda n’akarere k’Ibiyaga Bigari.

Topics


  News

High-Level Segment | 61th Human Rights Council

I wish to begin by commending the Human Rights Council for its work and the importance of this High-Level Segment, which allows member states to…
Read more →
  News

MINISTER NDUHUNGIREHE RECEIVES U.S. CONGRESSIONAL STAFF

Kigali, 26 January 2026 – Minister Olivier J.P. Nduhungirehe, received the 7th cohort of U.S. Congressional staff visiting Rwanda from 24–29 January…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe receives President of the Council of the Togolese Republic

Kigali, 29 January 2026 – Minister Olivier J.P. Nduhungirehe received H.E. Faure Essozimna Gnassingbé, President of the Council of the Togolese…
Read more →
  News

Rwanda observes International Holocaust Remembrance Day

Minister Olivier J. P. Nduhungirehe joined the Embassy of the State of Israel in Rwanda and the Embassy of Germany in Rwanda to observe the…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe leads Rwandan delegation at World Economic Forum

Davos, 19–23 January 2026 - Minister Olivier Nduhungirehe led Rwanda’s delegation to the World Economic Forum in Davos, Switzerland, alongside…
Read more →
  News

Rwanda and Togo deepen cooperation through a visa waiver agreement

Lomé, 16 January 2026 - Minister Olivier Nduhungirehe attended a high-level meeting on strengthening coherence and consolidating the African-led peace…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe leads high-level delegation to Oman

Muscat, 11 January 2026 - Minister Olivier Nduhungirehe led a delegation of senior government officials to Muscat for an official visit to the…
Read more →

DÉCLARATION SUR LA SOMALIE

Le Rwanda s’aligne pleinement sur les déclarations publiées par l’Union africaine et la Communauté d’Afrique de l’Est en soutien à la Somalie, et…
Read more →

STATEMENT ON SOMALIA

Rwanda fully aligns with the statements issued by the African Union and the East African Community in support of Somalia, and encourages the pursuit…
Read more →
-->