U Rwanda rwahagaritse umubano wa dipolomasi n’igihugu cy’u Bubiligi

Kigali, 17 Werurwe 2025

Leta y’u Rwanda yamaze kumenyesha Leta y’u Bubiligi icyemezo yafashe cyo guhagarika umubano wa dipolomasi hagati y’ibihugu byombi, kigatangira gukurikizwa ako kanya. Iki cyemezo gifashwe nyuma yo gusuzuma byimbitse impamvu zitandukanye, zose zishingiye ku myitwarire igayitse igaragaza ko u Bubiligi bukomeza kwitwara nka mpatsibihugu

U Bubiligi bwakomeje kugirira nabi u Rwanda, kuva kera, ndetse no mu gihe cy’intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho bufite uruhare ruremereye rukomoka ku mateka mabi y’icyo gihugu, by’umwihariko binyujijwe mu bikorwa bigamije guhungabanya u Rwanda.

Kugeza ubu, u Bubiligi bwafashe uruhande rugaragara muri iki kibazo cy’akarere, bukaba bukomeje gukora ibishoboka byose mu guha isura mbi u Rwanda mu nzego zitandukanye, bukoresheje ibinyoma n’uburiganya mu mugambi wo kwangiza isura y’u Rwanda, hagamijwe kuruhungabanya no guteza umutekano muke mu karere.

Uretse uruhare  rw’amateka u Bubiligi bwagize mu kubiba amacakubiri ashingiye ku moko, bikarinda bigera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Bubiligi kandi bwakomeje no guha rugari abantu bakwirakwiza ihakana n’ipfobya rya jenoside, ndetse n’inyigisho zishingiye ku ngengabitekerezo ya jenoside.

Icyemezo cyafashwe uyu munsi kigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kurengera inyungu zarwo, icyubahiro cy’Abanyarwanda, no gukomeza kurengera amahame y’ubusugire bw’igihugu, amahoro n’icyubahiro cy’ibihugu byigenga.

Abadipolomate bose b’u Bubiligi bari mu Rwanda basabwe gusohoka mu gihugu bitarenze amasaha 48. Hashingiwe ku Masezerano y’i Viyene, u Rwanda ruzakomeza kurinda inyubako, imitungo n’inyandiko by’ambasade y’u Bubiligi i Kigali.

 

UMUSOZO.

Topics


  News

Rwanda signs AU convention on ending violence against women and girls

Addis Ababa, 29 July 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe signed the African Union convention on ending violence against women and girls…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe participates in 49th Ordinary Executive Council of African Union

Addis Ababa, 28 July 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe participated in the official opening of the 49th Ordinary Session of the Executive…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe visits Tanzania

Dar Es Salaam, 26 July 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe visited Tanzania. He was received by his counterpart, Amb. Mahmoud Thabit Kombo,…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe interacts with 16th Cohort of Itorero Indangamirwa participants

Gabiro, 21 July 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe held an interactive session with participants of Itorero Indangamirwa 16 in a session on…
Read more →
  News

Rwanda Expresses Condolences to Qatar

Kigali, 14 July 2026 – Minister of State Dr. Usta Kaitesi signed the Book of Condolence at the Embassy of the State of Qatar in Rwanda, following the…
Read more →
  News

Rwanda and South Africa commit to Normalising Relations

Pretoria, 17 June 2026 – Rwanda's Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier J.P. Nduhungirehe, paid a visit to the Republic…

Read more →

Statement on Remarks by U.S. Secretary of State Marco Rubio at House Hearing

Kigali, 5 June 2026

The Government of Rwanda has taken note of the remarks made by U.S. Secretary of State Marco Rubio during the House Foreign…

Read more →
  News

Minister Nduhungirehe attends 2026 Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting

Seoul, 01 June 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe attended the 2026 Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting, under the theme "Korea-Africa…

Read more →
  News

Minister Olivier J.P. Nduhungirehe briefs members of diplomatic corps in Rwanda on diplomatic developments

Kigali, 29 May 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe briefed members of the diplomatic corps in Rwanda on the  country's diplomatic developments…

Read more →
-->