U Rwanda rwahagaritse umubano wa dipolomasi n’igihugu cy’u Bubiligi
Kigali, 17 Werurwe 2025
Leta y’u Rwanda yamaze kumenyesha Leta y’u Bubiligi icyemezo yafashe cyo guhagarika umubano wa dipolomasi hagati y’ibihugu byombi, kigatangira gukurikizwa ako kanya. Iki cyemezo gifashwe nyuma yo gusuzuma byimbitse impamvu zitandukanye, zose zishingiye ku myitwarire igayitse igaragaza ko u Bubiligi bukomeza kwitwara nka mpatsibihugu
U Bubiligi bwakomeje kugirira nabi u Rwanda, kuva kera, ndetse no mu gihe cy’intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho bufite uruhare ruremereye rukomoka ku mateka mabi y’icyo gihugu, by’umwihariko binyujijwe mu bikorwa bigamije guhungabanya u Rwanda.
Kugeza ubu, u Bubiligi bwafashe uruhande rugaragara muri iki kibazo cy’akarere, bukaba bukomeje gukora ibishoboka byose mu guha isura mbi u Rwanda mu nzego zitandukanye, bukoresheje ibinyoma n’uburiganya mu mugambi wo kwangiza isura y’u Rwanda, hagamijwe kuruhungabanya no guteza umutekano muke mu karere.
Uretse uruhare rw’amateka u Bubiligi bwagize mu kubiba amacakubiri ashingiye ku moko, bikarinda bigera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Bubiligi kandi bwakomeje no guha rugari abantu bakwirakwiza ihakana n’ipfobya rya jenoside, ndetse n’inyigisho zishingiye ku ngengabitekerezo ya jenoside.
Icyemezo cyafashwe uyu munsi kigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kurengera inyungu zarwo, icyubahiro cy’Abanyarwanda, no gukomeza kurengera amahame y’ubusugire bw’igihugu, amahoro n’icyubahiro cy’ibihugu byigenga.
Abadipolomate bose b’u Bubiligi bari mu Rwanda basabwe gusohoka mu gihugu bitarenze amasaha 48. Hashingiwe ku Masezerano y’i Viyene, u Rwanda ruzakomeza kurinda inyubako, imitungo n’inyandiko by’ambasade y’u Bubiligi i Kigali.
UMUSOZO.
Topics