U Rwanda rwahagaritse umubano wa dipolomasi n’igihugu cy’u Bubiligi

Kigali, 17 Werurwe 2025

Leta y’u Rwanda yamaze kumenyesha Leta y’u Bubiligi icyemezo yafashe cyo guhagarika umubano wa dipolomasi hagati y’ibihugu byombi, kigatangira gukurikizwa ako kanya. Iki cyemezo gifashwe nyuma yo gusuzuma byimbitse impamvu zitandukanye, zose zishingiye ku myitwarire igayitse igaragaza ko u Bubiligi bukomeza kwitwara nka mpatsibihugu

U Bubiligi bwakomeje kugirira nabi u Rwanda, kuva kera, ndetse no mu gihe cy’intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho bufite uruhare ruremereye rukomoka ku mateka mabi y’icyo gihugu, by’umwihariko binyujijwe mu bikorwa bigamije guhungabanya u Rwanda.

Kugeza ubu, u Bubiligi bwafashe uruhande rugaragara muri iki kibazo cy’akarere, bukaba bukomeje gukora ibishoboka byose mu guha isura mbi u Rwanda mu nzego zitandukanye, bukoresheje ibinyoma n’uburiganya mu mugambi wo kwangiza isura y’u Rwanda, hagamijwe kuruhungabanya no guteza umutekano muke mu karere.

Uretse uruhare  rw’amateka u Bubiligi bwagize mu kubiba amacakubiri ashingiye ku moko, bikarinda bigera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Bubiligi kandi bwakomeje no guha rugari abantu bakwirakwiza ihakana n’ipfobya rya jenoside, ndetse n’inyigisho zishingiye ku ngengabitekerezo ya jenoside.

Icyemezo cyafashwe uyu munsi kigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kurengera inyungu zarwo, icyubahiro cy’Abanyarwanda, no gukomeza kurengera amahame y’ubusugire bw’igihugu, amahoro n’icyubahiro cy’ibihugu byigenga.

Abadipolomate bose b’u Bubiligi bari mu Rwanda basabwe gusohoka mu gihugu bitarenze amasaha 48. Hashingiwe ku Masezerano y’i Viyene, u Rwanda ruzakomeza kurinda inyubako, imitungo n’inyandiko by’ambasade y’u Bubiligi i Kigali.

 

UMUSOZO.

Topics


Statement on Remarks by U.S. Secretary of State Marco Rubio at House Hearing

Kigali, 5 June 2026

The Government of Rwanda has taken note of the remarks made by U.S. Secretary of State Marco Rubio during the House Foreign…

Read more →
  News

Minister Nduhungirehe attends 2026 Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting

Seoul, 01 June 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe attended the 2026 Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting, under the theme "Korea-Africa…

Read more →
  News

Minister Olivier J.P. Nduhungirehe briefs members of diplomatic corps in Rwanda on diplomatic developments

Kigali, 29 May 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe briefed members of the diplomatic corps in Rwanda on the  country's diplomatic developments…

Read more →

Keynote Address by Minister Olivier J.P. NDUHUNGIREHE, at the Global Growth Conference 2026, Rabat

It is a great honour for me to address you today at the Global Growth Conference 2026.

Allow me, first, to express Rwanda’s sincere appreciation to…

Read more →

Allocution du Ministre Nduhungirehe | 2ème Conférence Ministérielle sur le maintien de la paix dans les environnements Francophones

«Maintenir la paix et la sécurité internationale dans un monde en changement : nouveaux challenges pour les opérations de maintien de la paix dans les…
Read more →
  News

MINISTER NDUHUNGIREHE CO-CHAIRS SECOND JPCC BETWEEN RWANDA AND BOTSWANA

Gaborone, 05 May 2026 - Minister Olivier J.P. Nduhungirehe and his counterpart, Hon. Phenyo Butale, Botswana’s Minister of International Relations,…
Read more →

Rwanda and the Apostille Convention

Rwanda acceded to the 1961 Hague Convention Abolishing the Requirement of Legalisation for Foreign Public Documents (Apostille Convention) on 6…
Read more →
  News

Rwanda and Uganda Sign Four MoUs at 12th Joint Permanent Commission

Kampala, 22 April 2026 – Rwanda and Uganda signed four Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at further strengthening bilateral cooperation, during…
Read more →
  News

Minister Nduhungirehe Joins UN Rwanda for Kwibuka 32

Kigali, 22 April 2026 – Rwanda's Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier J.P. Nduhungirehe, joined the United Nations…
Read more →
-->