Guverinoma y’u Rwanda yakiriye neza isinywa ry’amasezerano ya Doha yo gushyiraho ingingo ngenderwaho z’amasezerano arambye y’amahoro, hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, ryabaye uyu munsi.
Kigali, 15 Ugushyingo 2025
Guverinoma y’u Rwanda yakiriye neza isinywa ry’amasezerano ya Doha yo gushyiraho ingingo ngenderwaho z’amasezerano arambye y’amahoro, hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, ryabaye uyu munsi. Iyi ni intambwe ikomeye mu rugendo rwo gukemura burundu impamvu shingiro z’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Kongo, ndetse n’imbogamizi ku mahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
u Rwanda rurashima uruhare rukomeye kandi ruhoraho rwa Leta ya Qatar nk’umuhuza, n’ uruhare rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Umusozo
Topics